Ni ibirego byatanzwe n’imiryango itegamiye kuri Leta yibumbiye mu ihuriro, Maliko.
Mu byaha Le Drian ashinjwa harimo gutanga pasiporo mpimbano ku bakozi ba sosiyete yari yatsindiye isoko muri Mali, kandi bikaba byaragaragaye ko iyo sosiyete ifitanye isano n’umuhungu wa Le Drian.
Ni ibyaha Mali ivuga ko byakozwe mu 2015 ubwo Ibrahim Boubacar Keita yari ku butegetsi. Icyo Le Drian yari Minisitiri w’Ingabo mu Bufaransa.
Urukiko rwategetse Le Drian kurwitaba tariki 20 Kamena. Guverinoma y’u Bufaransa yatangarije AFP ko itaramenyeshwa iby’iryo hamagazwa.
Iri hamagazwa rije mu gihe u Bufaransa na Mali birebana ay’ingwe, byazamuwe no kutumvikana n’abayobozi bashya bahiritse ubutegetsi muri Mali.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!